Ahabanza / details /

Ibisabwa kugira ngo umuntu ahabwe ikarita isimbura Ikarita iranga ikinyabiziga (Carte Jaune) na Pulake (Plaque) byatakaye

Ibisabwa kugira ngo uhabwe ikarita iranga ikinyabiziga na duplicata y’inomero iranga ikinyabiziga igihe byatakaye

1.      Gutanga itangazo kuri radio.

2.      Urupapuro rugaragaza ko wishyuye umusoro wa 1000 Frw ku mutungo ugizwe n’ikinyabiziga kuri konti za RRA rugashyikirizwa Ishami rya Polisi rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda.

3.      Kwishyura amafaranga y’u Rwanda igihumbi na magana abiri (1.200 Frw) y’icyemezo gihabwa uwatakaje ikarita yishyurwa kuri konti z’Ishami rya Polisi rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda.

4.      Kwerekana icyemezo cy’ikarita yatakaye wahawe na polisi hamwe n’amazina n’amafoto magufi bya nyiri ikinyabiziga.

5.      Kwishyura kuri konti ya RRA,

  • Ibihumbi bitanu (5000 Frw) by’urupapuro rugaraza ko yishyuye umusoro ku mutungo ugizwe n’ikinyabiziga
  • Ibihumbi bitanu (5000 Frw) bya nimero iranga ikibanyabiziga;
  • Ibihumbi bitanu (5000 Frw) by’agapapuro bomeka ku modoka kerekana ko yishyuye umusoro w’ikinyabiziga w’umwaka
  • Ibihumbi bitanu (5000 Frw) by’Ikarita iranga ikinyabiziga (Ikarita y’Umuhondo).

Icyitonderwa:

1.      Duplicata z’ikinyabiziga zisabwa guhera saa moya (7:00 am) za mugitondo kugeza mu gicamunsi saa cyenda (3:00 pm); abasabye bakajya kuzifata mu biro kuri uwo munsi guhera saa kumi n;igice (04:30 pm) naho izisabwe guhera saa cyenda (3:00 pm)  zikaboneka ku munsi w’akazi ukurikiraho.

2.      Duplicata z’ikarita iranga ikinyabiziga hamwe na nimero iranga ikinyabiziga bifatwa nan a nyiri ikinyabiziga cyangwa nyiri ipikipiki.

Copyrights © 2022 All Rights Reserved by Rwanda Revenue Authority.

Thanks for your Feedback!

If you feedback requires a response, we'll be in touch shortly

Was this post helpful?