Ahabanza / details /

Ibihano n’inyungu

Iyo umusoro ufatirwa utafatiriwe

Umuntu wishyuza imisoro ifatirwa udashoboye gufatira umusoro nk’uko biteganywa n’itegeko No 25/2005 ni we ugomba kwishyura umusoro mu buyobozi bw’imisoro, nk’uko biteganijwe mu gika cya 2, ingingo ya 48 y’iri tegeko, umusoro utarafiriwe harimo n’ibihano n’inyungu zituruka ku birarane. Ariko kandi umukozi ufatira umusoro afite uburenganzira bwo kuvana ayo mafaranga ku mutungo wa nyir’ukwishyurirwa hatarimo amande n’inyungu ku birarane byaturutse ku kutishyura.

Inshingano zo gukusanya imisoro yavuzwe muri iyi ngingo zifatwa nk’izindi shingano mu byerekeye uburenganzira bw’umusoreshwa bwo kutemera umusoro wemejwe cyangwa kwaka amafaranga arenga ku musoro wafatiriwe kandi ukishyurwa.

Inyandiko z’amafaranga yishyuwe hamwe n’umusoro wafatiriwe

Uwishyura imisoro ifatirwa, afata neza kandi akagumana hafi, ategereje igenzura ry’Ubuyobozi bw’Imisoro, ku birebana na buri gihe cy’umusoro, inyandiko zerekana:

  • 1°     amafaranga yahawe umusoreshwa;
  • 2°     amafaranga y’umusoro yafatiriwe yishyuwe.

Umuntu wishyura imisoro ifatirwa agomba kubika inyandiko zivugwa mu gika cya mbere cy'iyi ngingo mu gihe cy’imyaka cumi (10) nyuma y’irangira ry’igihe cy’umusoro kijyana n’izo nyandiko.

Komiseri Mukuru w’Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro  ashobora gusaba umuntu wishyura imisoro ifatirwa kumuha kopi y’inyandiko zigomba kubikwa hakurikijwe igika cya mbere cy'iyi ngingo

Kanda hano usome amande adahinduka

Copyrights © 2022 All Rights Reserved by Rwanda Revenue Authority.

Thanks for your Feedback!

If you feedback requires a response, we'll be in touch shortly

Was this post helpful?