Ahabanza / details /

Ishami ry'izabukuru

Ubwiteganyirize bwa pansiyo

Ubwiteganyirize bwa pansiyo bugamije ibikurikira:

  • gutabara umukozi washaje atagishoboye gukorera umushahara cyangwa wamugaye atagishoboye kubeshwaho n’akazi;
  • gutabara abari batunzwe n’umukozi iyo amaze gupfa;

Ibigenerwa abiteganyirije bitangwa n’ishami rya pansiyo bigabanyijwemo ibyiciro bibiri:

  • Ibihabwa uwiteganyirije ashaje cyangwa amugaye;
  • Ibihabwa abasizwe n’uwiteganyirije igihe yitabye Imana;

Kwiyandikisha mu bagenerwa amafaranga ya pansiyo ni itegeko ku bantu ku giti cyabo bakurikira:

  • Abakozi bose bakorera umushahara (hatitawe ku bwenegihugu bwabo)
  • Abanyapolitiki bakiri mu kazi.

Ibipimo by’umusanzu utangwa n’umukozi n’umukoresha buri wese agatanga 3% by’umushahara mbumbe w’umukozi ubarirwaho umusanzu. Hari kandi uburyo abantu ku giti cyabo bihitiramo kwiyandikisha mu bwiteganyirize ku bushake. Ibi babigeraho basaba kwinjira mu bwiteganyirize no kwishyura 6% by’umushahara umuntu yigenera buri kwezi. Uwiteganyiriza ku bushake agomba kuba ari munsi y’imyaka mirongo ine n’itanu (45) kugira ngo yemererwe. Ku muntu wigeze kuba mu bwiteganyirize butegetswe, yemerewe gusa gusaba  kujya mu bwishingizi ku bushake mu mezi cumi n’abiri (12) nyuma y’itariki ubwishingizi (ubwiteganyirize butegetswe bwarangiriye. Mu bwishingizi (bwiteganyirize) ku bushake, umushahara umenyekanishwa  ugomba nibura kuba utari munsi y’umushahara w’ukwezi utari munsi y’igipimo ntagibwa munsi cya 104.000 Frw.

Ubwoko bw’ibigenerwa uwiteganyirije 

  • Pansiyo y’izabukuru
  • Pansiyo y’imburagihe
  • Pansiyo y’ubumuga
  • Alokasiyo y’izabukuru
  • Pansiyo y’abasizwe n’uwiteganyirije
  • Alokasiyo y’abasizwe n’uwiteganyirije.

Kumenyekanisha

Kumenyekanisha no kwishyura imisanzu (Ishami rya pansiyo n’iry’ibyago bikomoka ku kazi)

Kumenyekanisha imishahara bikorerwa mu Kigo cy’Imisoro n’amahoro  (RRA) hifashishijwe serivisi z’ikoranabuhanga (online services). Kwishyura bigakorerwa muri banki zitandukanyer kuri konti za RSSB cyangwa hifashishijwe serivisi z’ikoranabuhanga.

Kumenyekanisha no kwishyura imisanzu mu bwiteganyirize butegetswe bikorwa buri kwezi. Italiki ntarengwa yo kumenyekanisha no kwishyura imisanzu ni italiki 15 z’ukwezi gukurikira ukwezi kwishyurirwa imisanzu.

Bigenda bite iyo habaye ubukererwe mu kwishyura imisanzu?

Hatangwa ibihano ku bakoresha bakererwa kwishyura imisanzu mu ishami rya pansiyo n’iry’ibyago bikomoka ku mazi:

Gucibwa amafaranga y’ubukererwe: umukoresha utishyuriye igihe imisanzu y’abakozi acibwa 1.5% buri kwezi y’ubukererwe kuri lisiti y’imenyekanishamushahara yw’abakozi na 1.5% yo gutinda kwishyura imisanzu kuri banki.

Kwishyuzwa imisanzu ku ngufu – umukoresha utishyuye imisanzu ku gihe, akomea kwishyuzwa ku ngufu nk’uko amategeko abiteganya.

Ibihano

icyo gihano gitangwa iyo habuze icyemezo cyo gushyirwa mu bwiteganyirize, habuze impapuro menyekanisha mishahara, imisanzu itishyuwe mu gihe giteganijwe, amategeko ateganywa mu kumenyekanisha impanuka z’akazi atubahirijwe, imishahara yamenyekanishijwe itari yo cyangwa ari imihimbano.

Iyo bikabije, ibigenerwa uwiteganyirije mu kwishyura ikiguzi cyo kwivuza ashobora kudatangwa iyo immisanzu itishyuwe. Icyo gihe, Umuyobozi Mukuru asuzuma buri kibazo ukwacyo.

Copyrights © 2022 All Rights Reserved by Rwanda Revenue Authority.

Thanks for your Feedback!

If you feedback requires a response, we'll be in touch shortly

Was this post helpful?