Search
Amakipe yitabiriye irushanwa muri Volleyball y’abagore i Cairo yatomboye ayo azahura nayo
Imikino yo guhatanira igikombe cy’amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Volleyball y’abagore ku mugabane w’Afurika iratangira kuri uyu mugoroba i Cairo mu Misiri, u Rwanda rukaba rwaraserukiwe n’ikipe ya RRAVC.
Ku munsi w’ejo kuwa 05 Weurwe 2018 habaye tombola, RRAVC ikaba yisanze mu itsinda A ririmo Ahly yo mu Misiri, Nyong yo muri Cameroun, Nkumba yo muri Uganda.
Umukino ufungura iri rushanwa uraba ku mugoroba w’uyu munsi saa kumi n’ebyiri, uhuze ikipe ya Ahly yo mu Misiri na Nkumba yo muri Uganda
Dorcas Ndasaba, umutoza mukuru wa RRAVC avuga ko itsinda barimo rikomeye ariko ko bazakora ibyo bashoboye byose kugira ngo bagere muri ¼ , barenge amajonjora. Yasabye abakinnyi gufata umukino wose nk’ah ariwo wanyuma bakina nk’intare yakomeretse kugira ngo batahane intsinzi.
Ngendahimana Jean Pierre, uyoboye itsinda rya RRA ryagiye mu Misiri mu marushanwa, avuga ko ikipe yiteguye neza kandi imeze neza muri rusange, asaba abakinnyi guharanira intsinzi, kurangwa n’ikinyabupfura ndetse no guharanira guhesha ishema Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro, u Rwanda ndetse no kwihesha ishema ubwabo.
Munyawera Aimable, umwe mu bafana wavanye n’ikipe ya RRA VC i Kigali ubu akaba ari hamwe n’ikipe i Cairo, avuga ko RRAVC yatomboye neza kuko yatomboye ikipe yakiriye, ndetse n’andi makipe ariyo Nyong na Nkumba yozera ko RRA izakina umukino utanga amahirwe nuri iryo tsinda.
Dore uko amatsinda ateye
Group A
Ahly (Egypt)
RRAVC (Rwanda)
Nkumba (Uganda)
Nyong (Cameroun)
Group B
Cartage (Tunisia)
Harare City (Zimbabwe)
Chief (Algeria)
BDF (Botwana)
Bafia (Cameroun)
Group C
Shams (Egypt)
FAP (Cameroun)
Pipeline (Kenya)
DGSP (Congo )
Vision (Uganda)
Group D
Prison (Kenya)
INJS (Cameroun)
Douanes (Burundi)
Customs (Nigeria)
Asec (Cote d’Ivoire).