Ahabanza / details /

Kwiyandukuza

Kwiyandukuza biba iyo umusoreshwa asabye ko izina rye cyangwa ubucuruzi bwe buvanwa mu bitabo by’Ikigo cy’imisoro n’amahoro kugira ngo bitazaba ngombwa ko azajya amenyekanisha imisoro kubera impamvu runaka.

Kutagira inyungu si byo bituma umusoreshwa ahita yiyandukuza. Ikigo cy’imisoro n’amahoro kigomba kubona neza ko umusoreshwa nta kintu na kimwe akora cyangwa ko adakora ku rwego rwatuma akomeza kuba yanditse nk’ugomba gutanga umusoro uyu n’uyu.

Kwiyandukuza kugira ngo umusoreshwa adatanga umusoro bishingira ku musoro. Urugero ni uko umusoreshwa ashobora gukomeza akaba yiyandikishije mu bagomba gutanga umusoro ufatirwa mu mushahara kandi akiyandukuza ku batanga umusoro ku nyongeragaciro.

Kwiyandukuza bitangira kugira agaciro iyo Ikigo cy’imisoro n’amahoro kimaze kubona neza ko umusoreshwa nta kintu akora cyatuma atanga umusoro uyu n’uyu nyuma yo gusaba kwiyandukuza.

Iyo Ikigo cy’imisoro n’amahoro kibona neza ko umusoreshwa nta musoro n’umwe agomba gutanga, icyo gihe afatwa nk’uwiyandukuje. Kwiyandukuza kw’abasoreshwa bagomba gutanga Umusoro ku musaruro w’abikorera ku giti cyabo cyangwa umusoro ku nyungu z’amasosiyete byigwa iyo umusoreshwa adashoboye kwerekana inyungu yabyara umusoro ku nyungu mu gihe cy’imyaka itatu (3) ikurikirana.

Kuba umusoreshwa yiyandukuje bitangira gufatwa nk’aho yiyandukuje iyo Ikigo cy’imisoro n’amahoro kibona neza ko umusoreshwa adakora imirimo y’ubucuruzi yashowemo imari irenze mipyoni imwe n’ibihumbi magana abiri cyangwa nta cyo akora na kimwe.

Kwiyandukuza k’umusoreshwa utanga umusoro ku nyongeragaciro birebwa iyo umusoreshwa adashoboye gutanga umusaruro utuma atanga umusoro ku nyongeragaciro mu gihe cy’amezi atandatu akurikirana. Kwiyandukuza bitangira kugira agaciro gusa iyo Ikigo cy’imisoro n’amahoro kibona neza ko umusoreshwa adacuruza amafaranga arenze mipyoni makumyabiri (20,000,000) ku mwaka cyangwa umusoreshwa atiyandukuje ku bushake.

Kwiyandukuza kw’abasoreshwa batanga umusoro ufatirwa ku mushahara byigwa iyo umusoreshwa adashoboye gutanga inyungu k’umusoro ufatirwa mu gihe cy’amezi atatu akurikirana. Kwiyandukuza bigira agaciro gusa iyo Ikigo cy’imisoro n’amahoro kibona neza ko umusoreshwa adakoresha undi muntu.

Komiseri w’imisoro yo mu gihugu hagati afite ububasha bwo guha uburenganzira umuntu bwo kwiyandukuza hakurikijwe ingamba n’inzira zavuzwe haruguru.

Abasoreshwa bemererwa kwiyandukuza iyo Ikigo cy’imisoro n’amahoro kibona neza ko umusoreshwa nta mirimo azakora mu buryo bunyuranije n’umusoro uyu n’uyu.

Impamvu zituma umuntu yiyandukuza

  • Kutamenyekanisha inyungu
  • -Amezi atandatu (6) akurikirana umuntu atamenyekanisha umusoro ku nyongeragaciro
  • - Amezi atatu (3) ikurikirana iyo ari Umusoro ku musaruro w’abikorera ku giti cyabo cyangwa umusoro ku nyungu z’amasosiyete.
  • Iyo umuntu nta gikorwa na kimwe akora
  • Kudakoresha abakozi mu gihe kitarenze amezi atatu (3) akurikirana ku barebwa n’abamenyekanisha umusoro ufatirwa ku mushahara;
  • Ibigo by’ubucuruzi bicuruza amafaranga ari munsi ya miliyoni 12 ku mwaka;
  • Ibigo by’ubucuruzi bibona umusoro ku nyongeragaciro ku bicuruzwa biri mu nsi ya miliyoni 20 ku mwaka cyangwa miliyoni 5 mu gihe cy’amezi atatu (3).

Copyrights © 2022 All Rights Reserved by Rwanda Revenue Authority.

Thanks for your Feedback!

If you feedback requires a response, we'll be in touch shortly

Was this post helpful?