Andi mahoro

Aya ni amahoro yakwa kuri serivisi n’ibyemezo bitangwa n’inzego z’imitegekere y’Igihugu zegerejwe abaturage nk’impushya, ibyangombwa n’ibindi. Aya mahoro agenwa n’Iteka rya Perezida nº 075/01 ryo kuwa 04/12/2023.

Ninde wishyura ayo mahoro?

Aya mahoro yishyurwa n’umuturage cyangwa abasora basaba izo serivisi.

Ibipimo by’ayo mahoro

Ibipimo bigenda bitandukana bitewe n’ubwoko bwa serivisi yasabwe/yatanzwe.

A. Serivisi n’ibyemezo bisonewe amahoro ni ibi bikurikira

a.Serivisi y’ihererekanya ry’uburenganzira ku mutungo utimukanwa
b.Icyemezo cy’umutungo w’ubutaka gitangwa na komite y’ubutaka
c.Icyemezo cy’umutungo w’ubutaka gitangwa na komite y’ubutaka
d.Icyemezo cyo gusana inyubako
e.Icyemezo cyo kuvugurura inyubako
f.Icyemezo cyo kubaka uruzitiro
g.Uruhushya rwo kubaka mu mudugudu w’icyaro
h.Icyemezo cy’uko umuntu akiriho
i.Icyemezo cy’uko umuntu yapfuye
j.Uruhushya rwo gutwika amakara, amatafari n’amategura
k.Uruhushya rwo gusarura ishyamba
l.Icyemezo cy’ubwishingire bw’umuntu

B.Ibinyabiziga n’amato bisonewe amahoro yakwa kuri parikingi rusange

Ibinyabiziga n’amato bikurikira bisonewe amahoro yakwa kuri parikingi rusange:
a.Ibinyabiziga cyangwa amato bya Leta, iby’ibigo n’iby’imishinga bya Leta bifite ibyapa bibiranga
b.Ibinyabiziga cyangwa amato by’Ambasade
c. Ibinyabiziga cyangwa amato by’imiryango mpuzamahanga ishamikiye ku Muryango w’Abibumbye n’iby’indi miryango mpuzamahanga ifitanye amasezerano yihariye na Leta y’u Rwanda;
d.Ibinyabiziga byihariye byagenewe abafite ubumuga

Kumenyekanishwa amahoro kuri serivisi z’ibyemezo bitangwa n’inzego z’imitegekere y’Igihugu zegerejwe abaturage bikorerwa ku ikoranabuhanga hakoreshejwe sisitemu ya RGLMS cyangwa ubundi buryo bw’ikoranabuhanga bushobora kugenwa.

Kwishyura amahoro: Nyuma y’imenyekanisha, amahoro kuri serivisi n’ibyemezo bitangwa n’inzego z’imitegekere y’Igihugu zegerejwe abaturage, umuntu ashobora kuyishyura hakoreshejwe ubu buryo: Mobile Money, Airtel Money, Mobile Banking, MobiCash cyangwa Internet Banking.

Iyo usaba serivisi cyangwa icyemezo atishyuye amahoro mu gihe cyagenwe, ashobora kwimwa iyo serivise/icyangombwa cyangwa agacibwa amande yagenwe.

1. Amahoro ku ikoreshwa ry’umutungo rusange wa Leta: Aya ni amahoro yakwa kuri parikingi rusange n’amahoro y’isoko.
2. Amahoro kuri serivisi: Amahoro ku byemezo , impushya n’ibindi.
3. Amahoro y’umwihariko: Aya ni andi mafaranga yakwa nk’amahoro acibwa ku bikorwa byihariye nko kwamamaza, ubucuruzi bwo gutwara ibintu runaka byihariye nk’amatafari , amahoro yakwa ku byasaruwe bikomoka ku mashyamba.
4. Andi mahoro: aya ni amahoro ashobora kugenwa kubera impamvu runaka yihariye itaragenwe n’itegeko.

1.    Amahoro ku ikoreshwa ry’umutungo rusange wa Leta

Amahoro Igipimo
Parikingi rusange yo ku muhanda (itubakiye)

Imodoka nto

FRW 200/ku isaha FRW 1,000/ku munsi, FRW 15,000/ku kwezi
Ikamyo nto na minibisi FRW 300/ku isaha, FRW 1,500/ku munsi, FRW 20,000/ku kwezi.
Ikamyo nini idafite remoruki, bisi nini na za taragiteri

FRW 500/ku isaha, FRW 2,500/Ku munsi, FRW 25,000/ku kwezi

Ikamyo ifite remoruki n’imashini nini zikoreshwa mu mirimo yo kubaka inzu cyangwa imihanda FRW 1,000/ku isaha, FRW 5,000/ku munsi, FRW 30,000/ku kwezi
Parikingi rusange yubakiye
Imodoka itwara abagenzi muri rusange ifite ibyicaro bitarenze 18 n’amavatiri akora tagisi FRW 500/ku munsi
Imodoka ifite ibyicaro 19 kugeza kuri 50 itwara abagenzi muri rusange FRW 1,000–3,000/ku munsi
Imodoka idatwara abagenzi muri rusange yinjiye muri parikingi rusange FRW 200/uko imodoka yinjiye
Parikingi rusange y’ubwato
Ubwato bufite moteri bwikorera toni zitarenze eshanu FRW 150/ku munsi, FRW 4,000/ku kwezi
Ubwato bufite moteri bwikorera toni zirenze eshanu FRW 200/ku munsi, FRW 5,000/ku kwezi
Ubwato butoya budafite moteri FRW 100/ku munsi, FRW 3,000/ku kwezi
Ubucuruzi bw’amatungo
Inka

FRW 3,000

Ihene

FRW 500

Intama

FRW 500

Ingurube

FRW 700

Ikoreshwa ry’ibagiro ry’urwego rw’imitegekere y’Igihugu rwegerejwe abaturage

Inka

FRW 2,000

Ihene

FRW 500

Ingurube

FRW 1,000

Intama

FRW 500

2.Amahoro yakwa kuri serivisi zitangwa n’inzego z’imitegekere zegerejwe abaturage

Serivisi

Igipimo

Gushyingirwa imbere y’ubutegetsi ku munsi udasanzwe (umunsi unyuranye n’uwagenwe)

FRW 50,000

Uruhushya rwo kubaka FRW 20.000: ku buso bw’ubutaka bwubakwaho mu kibanza butarenze m2 100
 
FRW100.000: ku buso bw’ubutaka bwubakwaho mu kibanza buhera hejuru ya m2100 kugeza kuri m2 200
 
FRW 150.000: ku buso bw’ubutaka bwubakwaho mu kibanza buhera hejuru ya m2 200 kugeza kuri m2 500
 
FRW 200.000: ku buso bw’ubutaka bwubakwaho burenze m2 500  
Inyandiko, ibyemezo na serivisi
Inyandiko y’irangamimerere

FRW 1,500

Inyandiko ihinnye y’irangamimerere

FRW 1,000

Icyemezo cy’amavuko, Icyemezo cy’uko umuntu yashyingiwe, icyemezo cy’uko umuntu ari ingaragu, icyemezo cy’uko umuntu yatandukanye n’uwo bashyingiranywe, Ikarita ndangamuntu

FRW 500 buri cyangombwa

 

Icyemezo gisimbura ikarita ndangamuntu yatakaye

 FRW 3,000

Inyandiko zishyizweho umukono na noteri wa Leta
Kwemeza ko inyandiko ari impamo/kwemeza ko kopi y’inyandiko ihuye n’iy’umwimerere

FRW 1,500

Guhamya imikono

FRW 1,200

Gushyira umukono wa noteri kuri sitati/ Gushyira umukono wa Noteri ku masezerano ayo ari yo yose/Gutanga izindi nyandiko z’umunoteri ziteganywa n’amategeko

FRW 500/ buri rupapuro

3.Amahoro adasanzwe

Serivisi

Igipimo

Ibyapa byamamaza Ibyapa byamamaza hadakoreshejwe ikoranabuhanga: FRW 20,000, FRW 15,000,  FRW 10,000/kuri metero kare/ ku mwaka bitewe n’agace icyapa giherereyemo (Umujyi wa Kigali, imijyi yunganira Kigali, ahandi hasigaye hose mu gihugu).
Ibyapa byamamaza hakoreshejwe ikoranabuhanga: FRW 100,000/Ku mwaka
Ibindi byapa byamamaza byanditseho ubutumwa budahoraho bisabirwa Uruhushya ku rwego rubifitiye ububasha: Frw 5.000 ku munsi
Ikoreshwa ry’Indangururamajwi mu kwamamaza
Mu mujyi wa Kigali

FRW 100,000/ku munsi

Mu mijyi yunganira Kigali

FRW 50,000/ku munsi

Ahandi hose hasigaye mu gihugu

FRW 10,000/ku munsi

Icyapa kiranga ubwato

Ubwato bufite moteri: FRW 15.000
 
Ubwato budafite moteri: FRW 5.000

Ikoreshwa rya banderore

FRW 7,500/ku munsi

Iminara y’itumanaho
  • FRW 2.000/kuri buri metero imwe y’ubujyejuru/ ku mwaka 
  • Icyo umunara ushinzeho: FRW 1.000/kuri metero imwe y’ubujyejuru/ ku mwaka (bibarwa iyo icyo umunara ushinzeho gituma uburebure bwawo bwiyongera)
Ubucuruzi bwo gutwara ibikomoka kuri kariyeri FRW 1.000: kuri m3 y’ibikomoka kuri kariyeri biri mu modoka. (Bibarwa kuri buri nshuro imodoka ipakiye).
Ubucuruzi bwo gupakira amatafari /amategura
  • FRW 1.000: kuri m3 y’amatafari ari mu modoka (kuri buri nshuro imodoka ipakiye)
  •  
  • 500 FRW: kuri m3 y’amategura ari mu modoka((kuri buri nshuro imodoka ipakiye)
Ibyasaruwe bikomoka ku mashyamba
  • FRW 150: kuri buri rubaho yishyurwa n’uwasatuye imbaho
  • FRW 150: kuri buri mufuka w’amakara yishyurwa n’uwatwitse amakara
  • FRW 1.000: kuri buri m3 y’inkwi yishyurwa n’uwasaruye ishyamba
  • FRW 1.000: kuri buri m3 y’ibiti yishyurwa n’uwasaruye ishyamba

4.Andi mahoro

Usibye amahoro yavuzwe haruguru, hari andi mahoro ashobora kwakirwa n’inzego z’imitegekere zegerejwe abaturage nk’uko biteganywa n’andi mategeko mu Rwanda.

Copyrights © 2022 All Rights Reserved by Rwanda Revenue Authority.

Thanks for your Feedback!

If you feedback requires a response, we'll be in touch shortly

Was this post helpful?